Kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Nyakanga 2025, Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwemeje ko rwafunze Ingabire Clement, umukozi ushinzwe ibikorwa by'ubwubatsi (Senior Civil Engineer) mu Mujyi wa Kigali ukurikiranweho ibyaha bifitanye isano na ruswa birimo kudasobanura inkomoko y’umutungo ndetse n’iyezandonke hashingiwe ku iperereza yari amaze iminsi akorwaho.
Ukekwaho ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge, dosiye ikaba yoherejwe mu Bushinjacyaha.
RIB irongera kwibutsa abakoresha ububasha bafite mu nyungu zabo bwite kubihagarika kuko ari icyaha gihanwa n'amategeko.
RIB kandi iraburira abantu kutemera kwandikwaho imitungo itari iyabo mu buryo bwo gufasha abanyabyaha guhisha imitungo babonye mu buryo bunyuranyije n'amategeko kuko nabo itegeko ribafata nk'abafatanyacyaha.

Comments
Post a Comment
Kanda ahanditse 'PUBLISH' udusangize igitekerezo cyawe.
AMATEGEKO N'AMABWIRIZA BIRAKURIKIZWA
N.B: Irinde kwandika amagambo arimo ibitutsi, gusebanya cg se kwibasira abandi.
Igitekerezo cyawe kirasuzumwa nyuma y'uko ucyohereje. Murakoze
©️URUMURI NEWS MEDIA