Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Kamena 2025, Umuyobozi w'ingabo za Uganda akaba n'umuhungu mukuru wa Perezida Museveni, Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yasabye abanyarwanda gusura Uganda yise igihugu cyabo.
Yagize ati "Nshuti bavandimwe b'Abanyarwanda,
Mugihe mwegereje iminsi mikuru ijyane no Kwibohora31
n'ibiruhuko biri imbere, ndabatumira n'umutima wanjye wose; muze mudusure hano mu Bugande."
Muhoozi yongeyeho ati "Imipaka irafunguye, amahoro ni yose. Muze mwishime n'abavandimwe, musure inshuti n'imiryango, mwidagadure mu gihugu cyanyu, muhagurukane n'umunezero n'akanyamuneza."
Mu gusoza ubutumwa bwe, yabibukije ko Uganda ari iyabo nk'Abanyarwanda. Ati "Uganda ni iyanyu, Murisanga iwanyu. Mbifurije ibiruhuko byiza. Imana ibarinde."
Gen. Muhoozi akunze kugaragaza ko akunda abanyarwanda cyane cyane Perezida Kagame, ku buryo anamwita nyirarume we.
Comments
Post a Comment
Kanda ahanditse 'PUBLISH' udusangize igitekerezo cyawe.
AMATEGEKO N'AMABWIRIZA BIRAKURIKIZWA
N.B: Irinde kwandika amagambo arimo ibitutsi, gusebanya cg se kwibasira abandi.
Igitekerezo cyawe kirasuzumwa nyuma y'uko ucyohereje. Murakoze
©️URUMURI NEWS MEDIA