Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuzima 'RBC' cyatangaje ko virusi itera uburwayi bwa Covid-19 itigeze iranduka burundu, gusa ariko ikaba itagiteje impungenge.
RBC iti "Icyorezo cya Covid-19 ntikigeze gishira burundu, ariko ntikigihangayikishije: U Rwanda ruri mu bihugu bifite ubwirinzi buhagije, hagendewe ku mubare munini w’abakingiwe Covid-19."
Iki kigo cyemeza ko ubwiyongere bw'ibicurane biterwa na virusi ya influenza na Covid busanzwe cyane igihe cy'umukamuko (kuva mu itumba tujya mu Cyi).
Mu butumwa RBC yanyujije kuri X, yongeye kwibutsa Abaturarwanda kwitwararika bakora ibi bikurikira:
1. Gukomeza umuco w’ isuku.
2. Gukaraba intoki kenshi.
3. Kwirinda kwanduza abandi igihe ufite ibimenyetso by’ibicurane.

Comments
Post a Comment
Kanda ahanditse 'PUBLISH' udusangize igitekerezo cyawe.
AMATEGEKO N'AMABWIRIZA BIRAKURIKIZWA
N.B: Irinde kwandika amagambo arimo ibitutsi, gusebanya cg se kwibasira abandi.
Igitekerezo cyawe kirasuzumwa nyuma y'uko ucyohereje. Murakoze
©️URUMURI NEWS MEDIA